jeudi 20 décembre 2012


U Rwanda ruracyazirikana abarwitangiye – Sayinzoga



Rwamagana: Ku munsi w’ejo tariki ya 19 Ukuboza 2012  nibwo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Murehe hatashywe amazu 27 y’abahoze ari abasirikare bamugariye ku rugamba.
Sayizoga ati “Iki ni kimenyetso kigaragaza ko u Rwanda rwitaye ku bahungu n’abakobwa bitangiye igihugu.” Photo/Ububiko-Umuseke.com
Sayizoga ati “Iki ni kimenyetso kigaragaza ko u Rwanda rwitaye ku bahungu n’abakobwa bitangiye igihugu.” Photo/Ububiko-Umuseke.com
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu yo kusubiza mu buzima busanzwe abahoze ku rugerero, Jean Sayonzoga asanga iki ari ikimenyetso cy’uko u Rwanda rwitaye ku bantu bitangiye igihugu mu rugamba rwo kubohoza igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu mu mwaka w’1994.
Sayinzoga ati “Gutaha aya mazu ku mugaragaro mu gihe twizihiza Isabukuru y’imyaka 25 y’Umuryango wa FPR Inkotanyi ni ikimenyetso kigaragaza ko u Rwanda rwitaye ku bahungu n’abakobwa bitangiye igihugu cyabo.”
Aha i Murehe hari amazu 38 ari mu Mudugudu umwe wubakiwe abavuye ku rugerero; gusa 27 niyo yuzuye ndetse yatashywe mu gihe andi nayo arimo gutunganywa neza ngo azahabwe ba nyirayo ameze neza.
Sayizoga avuga ko nta na rimwe u Rwanda ruzigera rwirengagiza umuntu uwo ari we wese warwaniye igihugu cye kugira ngo kibe kiri mu mahoro.
Ati “U Rwanda rwiyemeje kubitaho no kubasubira mu buzima busanzwe kuko rusobanukiwe neza ko bamugariye ku rugamba.”
Uwari uhagarariye Ingabo z’Igihugu (RDF) Brig. Gen. Eric Murokore yabwiye aba bahawe amazu ko ntawemerewe kuzigurisha, ahubwo bakwiye kuzibamo ndetse bakanazifata neza.
Brig.Gen. Eric Murokore yabasabye gutera ubusitani bwiza aho aya mazu aherereye, bagakora n’uturima tw’igikoni, yabasezeranyije kandi ko mu gihe kitarambiranye aya mazu bahawe azaba yagezemo amashyanyarazi.
Polycarpe Rutabingwa, uzwi cyane ku izina rya Padiri wari ufite ipeti rya Sergeant mu gisirikare cyayoboye urugamba rwo kubohoza igihugu no guhagarika Jenoside, akaza kuhamugarira avuga ko yishimiye iki gikorwa.
Ati “Ubu ndishimye, mfite inzu yanjye bwite nta muntu nkitegeye amaboko. Nzakomeza gushaka akazi ngo ndebe ko narushaho kugira imibereho myiza. Ndashimira Leta idahwema kuzirikana abamugariye ku rugamba rwo kubohoza igihugu.”
Buri nzu muzi izi zahawe abamugariye ku rugamba igizwe n’ibyumba bitatu, salon, igikoni, ubwogero n’ubwiherero, ndetse n’ikigega cy’amazi.
©RNA
INKINDI Sangwa



ibindi, sura www.umuseke.com






BUMWE MU BURYO BWO GUSUKURA UMWUKA DUHUMEKA

 

 

Mu gihe muri iyi minsi ikibazo cy’ihumana ry'umwuka gikomeje guhangayika abantu hirya no hino ku isi abahanga baragaragaza ko hari bimwe mu byo umuntu ku giti cye ashobora gukora ku buryo yakwisukurira umwuka ahumeka cyane ko muntu ari nawe ugira uruhare runini mu kucyangiza.

Inkuru dukesha ubusshakashatsi bwakozwe bwakozwe na Dr. William Wolverton, umunyamerika w’umuhanga ku byerekeranye n’ibidukikije mu kigo cya NASA, bwerekanye ko umwuka duhumeka w’imbere ni ukuvuga mu nzu cyangwa n’ahandi hantu hafunganye uba wanduye kuva ku inshuro 5 kugera ku 10 kurusha umwuka uba uri hanze, uramutse utekereje ko igihe umara ahantu hafunze kingana nibura na 80% nk’uko ubushakashatsi bukomeza bubyerekana wakumva bihangayikishije byaba bivuze ko umubiri wacu wakira umwuka mubi mwinshi  cyane mu gihe kinini kandi nyamara Atari ko byagombye kugenda.
Mbese uwo mwanda uva hehe? Uwo mwanda wanduza umwuka duhumeka ugizwe n’ibintu byinshi bitandukanye harimo amarangi asigwa ku mazu, ibikoresho byubakishwa amazu, umwotsi w’itabi, za kole ndetse n’uburyo bukunze gukoreshwa mu bihugu byo hanze y’umugabane w’Afurika bwo kuzana ubushyuhe mu nzu. Ibyo byose ubishyize hamwe birekura ibyo abahanga bita composés  organiques volatils (COV) ugenekereje mu Kinyarwanda wavugako ari uruvange rw’imyuka iba iva ku mirimo ya muntu urugero twatanga ni imyuka nka: monoxyde de carbone, toluène, formaldéhyde, ammoniac et benzene.
Nyuma yo kumenya ko iyo myuka ibangamiye imibereho ya muntu rero abashakashatsi bagerageje kureba buryo ki uwmuka duhumeka wasukurwa kandi ku buryo budahenze. Ubwo bushakashatsi bwaje kwerekana ko hari ibimera bishobora gusukura uwo mwuka iyo umuntu abshije kubihinga mu rugo iwe. Ibyo bimera nibyo byitwa ibimera bisukura bikaba ari ibimera bigabanya igipimo cy’ubwandu buba mu mwuka duhumeka bikoresheje uburyo bwabyo bwo kororoka (photosynthèse).
Ubu bushakashatsi rero bwerekana ko uretse kuba ibyo bimera bisukura bituma aho biteye hasa neza ngo bimeze nk’inganda nto zishinzwe isukura byifashishije uburyo ibimera byororoka hakoreshejwe izuba (photosynthèse), ibyo bimera mu kororoka kwabyo bikurura umwuka wanduye bikoresheje ibibabi bikabihinduramo ibibitunga igihe bigeze mu mizi nuko bikitunga gutyo, iyo ibyo bimera bimaze kurya bigenda birekura amazi ameze nk’igihu gito ari nayo agenda akongera cya gipimo cy’umwuka mwiza uri mu nzu.
Umaze gusoma ibi wakwibwira uti birakwiye ko nanjye ntera ibimera bisukura mu nzu, hafi yo mu nzu cyangwa no mu biro gusa hari ibyo ugomba kumenya kuri ibi bimera ndetse ukamenya n’ibyo ari byo.
-Buri kimera gifite umwihariko mu gukuraho imyuka mibi itandukanye COV niyo mpamvu ari biza gutera ibimera by’ubwoko butandukanye kugirango ube wizeye guhumeka umwuka mwiza mu nzu yawe.
-Akamaro k’ikimera wateye kugirango usukure umwuka waho uri, kajyana n’uko  ikimera wateye kingana ari kinini kigira umumaro uruta ko waba wateye ikimera gito.
-Abahanga batugira inama yo gutera ikimera gisukura nibura muri buri meterokare 10 ahantu hafunze.
-Ushobora kandi gushyira ibimera bisukura mu cyumba bararamo nta mpungenge gusa ukabanza ukamenya ko abaharara nta burwayi bafite bwatuma umuhumuro w’icyo kimera ubabangamira kuko hari abantu babangamirwa n’umuhumuro ukabije w’ibimera cyangwa indabo.


Mu mugi wa Kabuga Korale Redeemed yo kuri Restoration igiye kumurika alubumu


Ku cyumweru tariki ya 23/12/2012, nibwo Korali Redeemed izamurika alubumu yayo ya mbere mu mugi wa Kabuga, kuva saa kumi z�umugoroba, igitaramo kizabera kuri Zion Temple i Kabuga.
Nkuko twabitangarijwe na Ahadi Tresor umwe mu bayobozi biyi Korali, ngo intego yiki gitaramo ni ukumurika no gushyira hanze alubumu yabo ya mbere bise “Yesu niwe inshuti yanjye”, iyi alubumu ikaba iriho indirimo icumi. Tresor yadutangarije ko bazakorana na Arsene Manzi, Bobo, Shinning Star, Kabera Fils na Power of the Cross kandi kwinjira bikaba ari ubuntu.  

Korali Redeemed ni Korali ikorera umurimo w'uburirimbyi muri Evangelical Restoration Church Rusororo (Kabuga) yatangiye 2002 ari abana bo muri Sunday School. Mu mwaka wa 2009 nibwo yiswe Redeemed Choir, ikaba igizwe n'abanyeshuri ahanini. Bimwe mu bikorwa yakoze harimo yasohoye CD y’amajwi mu mwaka wa 2010, ikora video mu mwaka wa 2012, ikaba kandi yaragiye ikora ibitaro ahantu hatandukanye. Intego ya Redeemed Choir ni ukwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo mu Rwanda no ku Isi yose, gufasha imfumbyi n’abapfakazi  ndetse n’abatishoboye, hamwe n’ibindi bikorwa bijyanye na gahunda za leta.



Kuzindi nkuru, sura www.inyarwanda.com

Posted: Thursday, 2012-12-20
By: M.Karim

Mubirori bya inyarwanda Fans hangout III benshi batangajwe no kubona Yanga wo mugasobanuye



Mu birori bya Inyarwanda Fans Hangout byateguwe n'Inyarwanda Ltd, benshi mu bahagaragaye batunguwe no kubona ndetse no kumenya umugabo witwa Yanga uzwi mu mafilimi bita Udusobanuye ari nawe uba azisobanura mu kinyarwanda.
Yanga ni umusore wamenyekanye cyane mugusobanura filimi zo hanze y'u Rwanda akaba amaze igihe kinini akora uyu mwuga ndetse akaba yarigaruriye imitima y'urubyiruko rwinshi kubera  filimi yagiye asobanura zigezweho
Benshi mu rububyiruko iyo uvuze ijambo  filimi isobanuye bumva uwo bita Yang adore ko uyu musore yigaruriye imitima ya benshi murubyiruko kuko kugeza ubu benshi baracyavuga imvugo nyinshi zigenda zizanwa n’uyu musore muri filimi asobanura.
Uyu benshi bazi ko ari nk’umugabo ukuze abandi bo bakaba  bumva ari nk’umugabo unanutse kandi ugira amagambo menshi , ariko icyatangaje abantu benshi  bari bitabiriye ibirori by’inyarwanda fans hangout  batunguwe no kubona Yanga amaso kumaso dore ko basanze bitandukanye cyane n'uko bamukekaga  .
Ubwo uyu musore yacaga kuri red carpet abarimo imbere bumvise MC Arthur avuga ati “mwakire Yanga rero umwe benshi muzi mugasobanuye ,abantu bose ubona batunguwe no kubona uwo musore muremure kandi ubona ucishije macye”.
Yanga
Nguwo Yanga kuri Red Carpet mu  birori bya inyarwanda fans Hangout.
Umwe mubari aho twaganiriye nawe yagize ati: "Umuntu unyeretse yanga yakoze cyane pe, jyewe najyaga ntekerezako ari  umugabo mugufi w’igikara kandi uvuga amagambo menshi kuburyo ahantu hose ariwe wiharira ijambo ariko ntangajwe no kubona uyu musore pe"
Yanga
Nguwo  Yanga arimo kuganira na Danny Gaga benshi bakunze kwita Ngenzi kubera Filimi Ikigeragezo cy'ubuzima yakinnyemo.
Twababwira ko usibye Yanga hari n’ibindi byamamare byagiye bitungura abantu kubera ko babaga babumva ariko batarababona amaso ku maso.


For other stories, go to  www.inyarwanda.com

Gov’t releases pay for striking medical workers
Gov’t releases pay for striking medical workers

newvision
Student nurses were called in to handle some of the patients. PHOTO/Goodluck Musinguzi
By Goodluck Musinguzi
KABALE – The government, through its public service ministry, has released salaries for Kabale Regional Hospital staff who had abandoned work over the matter.

Doctor Placid Mihayo, the director of the south-western hospital said: "The health workers under their Medical Workers Union chose to strike much as we assured them that their money would be paid.”

Mihayo said that by Monday evening most of the aggrieved health workers had confirmed receiving their money on their bank accounts.

Sebastian Magezi, the Chairman of Medical Workers Union said government “understands one language of striking and that is what we have done”.

"We have laid down our tools until government honours unpaid salaries of August and October.”

He said a skeleton staff [a few key workers] has been left to handle only emergencies until government pays them.

By the time New Vision visited the regional hospital, the laboratory and Out-Patients department were closed. The maternity ward was receiving only women who were ready to deliver.

Dr Placid Mihayo deployed intern doctors from Mulago, Gulu and Mbarara Universities to handle some patients.

If the medics don’t return to work, he said, patients would have to be referred to other medical facilities within the district.


For more, go to www.newvision.co.ug

    Arusha: Augustin Ngirabatware yakatiwe imyaka 35

    Hashize 9 mins Iyi nkuru yanditswe. Yashyizweho kuwa 20/12/2012 . Yashyizwe ku rubuga na    ·   Nta Gitekerezo kirayitangwaho
    Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho guhana ibyaha bya Genocide yakorewe abatutsi mu Rwanda rwahanishije Augustin Ngirabatware kuri uyu wa 20 Ukuboza igifungo cy’imyaka 35.
    Ngirabatware yakatiwe imyaka 35
    Ngirabatware yakatiwe imyaka 35
    Ngirabatware wavukiye mu cyahoze ari Gisenyi, yari Ministre w’Igenamigambi mu 1994 yahamwe no gushishikariza gukora Genocide, gufata ku ngufu ndetse n’ibyaha byibasiye inyoko muntu.
    Umucamanza William Hussein Sekule waciye uru rubanza yabwiye Ngirabatware ati: “ Kubera ibi byaha urukiko ruguhanishije gufungwa imyaka 35.”
    Iri ni isomerwa rye rya nyuma mu rubanza yaburanagamo rwatangiye kuburanishwa mu kwezi kwa 10 2008.
    Ngirabatware w’imyaka 57 yafatiwe i Frankfurt mu Ubudage muri Nzeri 2007 aho yari yihishe ubutabera.
    Uyu mugabo ni umukwe wa Felicien Kabuga n’ubu ugishakishwa n’uru rukiko rwashyiriweho u Rwanda, ufatwa nk’umuterankunga wa Genocide, akaba ku isonga ry’abantu icyenda (9) bagishakishwa n’ubutabera.
    © Hirondelle
    JP GASHUMBA



    for more visit www.umuseke.comwww.umuseke.com

    USA : Obama arasaba ko hashyirwaho amategeko mashya mu gucunga intwaro mu baturage


    USA : Obama arasaba ko hashyirwaho amategeko mashya mu gucunga intwaro mu baturage

    • Nyuma y’ubwicanyi bwakorewe abanyeshuri bo mu mashuri abanza 20 i Newton muri Leta zunze ubumwe za Amerika, Perezida w’iki gihugu Barack Obama yasabye ko bitarenze Mutarama 2013 hazaba hafashwe ingamba z’uko hahindurwa itegeko ryemerera abatusivile gutunga imbunda.
    Kuri uyu wa gatatu Obama yabwiye visi perezida Joe Biden ko yatekereza ku bwicanyi n’ubugizi bwa nabi bushamikiye ku ntwaro, hakagira igikorwa bitarenze ukwezi kumwe.
    Obama yatangarije abanyamakuru ko azavuga no ku kibazo cy’Intwaro no mu ijambo azavuga tariki ya 24 muri Mutarama 2013.
    Nyuma y’ubwicanyi bwakorewe abana 20 n’abantu bakuru batandatu ku ishuri rya Sandy-Hook ryo muri Connectcut, perezida wa Amerika yemeye ko hakorwa impinduka zigaragara kugira ngo ubwicanyi nk’ubu ntibuzasubire.
    Mu nama yateranye ku wa 18 Ukuboza 2012 yiga ku ihindurwa ry’amategeko agenga iby’intwaro mu baturage, Perezida Obama yongeye kugaragaza ko ashyigikiye igitekerezo cyo kubuza abantu gutunga intwaro kuko kwemerera abantu gutunga intwaro bitakabaye byorohera buri wese nk’uko bimeze muri iki gihe.
    Amategeko ya Amerika ashyigikira ko abaturage bakwirinda bakoresheje imbunda, nyamara ubwicanyi bwakorewe abana 20 b’imyaka hagati y’itandatu n’irindwi bukozwe n’uwitwa Adam Lanza nk’uko iperereza ryabigaragaje bwatumye hatangira kwigwa uburyo hahindurwa amategeko yerekeye gutunga intwaro.

    IZINDI NKURU   Sura urubuga www.igihe.com